Skip to playerSkip to main content
  • 13 years ago
Mu gihe hirya no hino mu Rwanda hakomeje kumvikana inkongi z’imiriro, akabari gaherereye mu murenge wa Niboye mu karere ka Kicukiro kazwi ku izina rya New Bandal, ibifite agaciro ka miliyoni 18 byahatikiriye.

Mu masaha ashyira saa kumi z’umugoroba wo kuri uyu wa mbere, mu mujyi wa Kigali hongeye kugaragara inkongi y’umuriro maze yibasira akabari kazwi ku izina rya New Bandal gaherereye mu kagali ka Nyakabanda mu murenge wa Niboye mu karere ka Kicukiro, ni muri metero zisaga 100 uvuye kuri Alpha Palace Hotel. Ubwo aka kabari karimo gashya ku muhanda ugana Rwandex ujya mu mujyi abantu bari bahuruye ari benshi, ari na ko amazu ari imbere y’akabari kashyaga basohoraga ibicuruzwa byabo byiganjemo inzoga basanzwe bacuruza, intebe amafrigo n’ibindi.

Bamwe mu bakora muri new bandal yibasiwe n’inkongi y’umuriro baganira n’Igihe TV bayitangarije ko intandaro yoya ari Television yari iri hejuru ya frigo yaturitse, bityo na frigo na yo igahita ifatwa n’umuriro. Mu gikari cy’akabari New bandal, hari amahema n’amabingaro yarasakaje ibyatsi ibi na byo bikaba byabaye intandaro y’ubukana bw’umuriro, gusa ubutabazi bwakozwe na fire brigade nta cyo bwabashije kuramira, dore ko hatikiriyemo ibintu bifite agaciro ka miliyoni zisaga cumi n’umunani nk’uko Jean Pierre Sibomana wakodeshaga aka kabari yabitangarije Igihe TV.

Tubabwire ko aka kabari gahiye mu gihe mu ntara y’amajyepfo ku kigo cy’amashuri yisumbuye ya Byimana yongeye kwibasirwa n’inkongi y’umuriro

Category

🗞
News
Comments

Recommended